rw-x-kinyabwisha_reg/59-HEB.usfm

446 lines
37 KiB
Plaintext

\id HEB
\ide UTF-8
\h Abaebrania
\toc1 Abaebrania
\toc2 Abaebrania
\toc3 heb
\mt Abaebrania
\c 1
\cl Isura 1
\p
\v 1 Imarire kugamba kera, kenshi no mu njira zitandukenye n'abazeyi betu akoreseze imbuzi,
\v 2 Kino gihe, Imana yatuvugisize inyuriye m'Umwana wayo wo yagirire umuragwa w'ibindu byoshe, ari muri we yaremire isi.
\v 3 Umwana niwe werekanaga ububonere bwe n'isura yo kubaho kwe. Kandi niwe ukomezaga ibindu byoshe kubera igambo rikomeye. Hanyuma yo kumara koza ibyaha byetu, bunoya yikeye m'ukuboko k'ubugabo kw'icubahiro c'Imana ahandu heru cane.
\p
\v 4 Yabeye mukuru heru ya malaika kuko yaragirwe ijina riboneye cane heru ya boshe.
\v 5 None ni nde mu malaika yabwiye ngo: Uri umwana wanje, nakuzeye none? Kandi ni nde yabwiye ngo: Ngakubere Sho nawe umbere Umwana?
\p
\v 6 Kandi igihe yazenye mu si Umwana we wa mbere, yagambire ngo:
\p
\v 7 Malaika boshe b'Imana bamupfukamire. Igikuru, yabwiye malaika ngo: Yaremire malaika, yabagirire imyuka, n'abakozi bayo, ibagira ururimi ry'umuriro.
\p
\v 8 Ariko yabwiye Umwana ngo: Indebe yawe Mana ikahoreho. Ingoni y'ubutegetsi bwawe n'ingoni y'ukuri.
\q
\v 9 Wakundire ubutungane, wayangire ibyaha. Nuko rero Mana, Imana ya wowe yagusigire amavuta g'ibyishimo heru ya bira bawe.
\p
\v 10 Kandi yagambire tena ngo: Mu ndangiro wasizeho umusingi gw'isi, ijuru n'akazi k'amaboko gawe.
\q
\v 11 Bikashireho ariko wowe ukahoreho.
\q
\v 12 Bikasaze byose ng'umwenda. Ukabizinge ng'umukenyero nuko bihinduke. Ariko wowe uri wa wundi, n'imwaka yawe ndo ikashire na rimwe.
\p
\v 13 Ni wuhe malaika yabwiye si ngo: Uyikare m'ukuboko k'uburyo kwanje kugeza igihe ngagire abanzi bawe ibinyatiro byawe?
\p
\v 14 None si boshe ndo ari myuka ya malaika ikoreraga Imana, yatumirwe gukorera abo kuragwa agakiza?
\c 2
\cl Isura 2
\p
\v 1 Guco rero tugombire kwenda cane ibyo twayumvisize, kugira ngo twere kugwa kure yebyo.
\v 2 Kuko, niba ibyatangezwe na malaika byayirekenye ngibyo ifaida, kandi kuko amakosa getu goshe no kutumvira byarihirwe nguko bikwiriye,
\v 3 Tukahungire hehe tubeye tudahangayikiye agakiza? Agakiza katangejwe mbere n'Umwami kandi kayemezwe n'abamwumvisize.
\v 4 Imana yahagarikire ubudimwe bwebo ikoreseze ibimenyetso, ibitangaza n'ibikomeye by'uburyo bwoshe n'imbano z'Umuka guboneye go yagabiye abandu nguko yenda.
\p
\v 5 Kandi rero Imana ndo yaheye malaika gutegeka isi irikwija, yo turikugambaho.
\v 6 Ariko umundu umwe yatangeze ahandu hamwe arikugamba ngo: Umundu si ni igiki kugira ngo umuhangayikire, cangwa umwana w 'umundu amarire ki ngo umugiteho?
\q
\v 7 Wamupungwize kannyori hafi ya malaika, wamwambikire ububonere n'icubahiro.
\q
\v 8 Wahirire byoshe hashi y'ibisando bye. Kweli, igihe wamuheye byoshe ngo abitegeke, wowe Mana ndaco wasigeze ngo atere kugitegeka. Ariko bunoya, ndo turikubireba ho. Byoshe birigutegekwa nawe.
\v 9 Ariko uwagirirwe mutoto mu gahe kannyori, ngo abe hashi ya malaika. Yesu uwo turikubona, yayambikirwe ipete ry'ububonere n'icubahiro kubera amateso n'urupfu yapfiye. Kandi bunoya, kubera ubundu bw'Imana, yashogongeye urupfu kubera umundu.
\p
\v 10 Byabonereye Imana, kubera byoshe byabeyeho kubera we no muri we, ngo ageze abana kangari k'ububonere, bwo yagezeje ho, k'ubutungane bw'Umwami w'agakiza ngabo abinyurize mu mateso ge.
\v 11 Kuko utunganyaga n'abatunganyizwe boshe bavukire kimwe. Kubera ibyo ndo amwazwaga no kubita abavukanyi be.
\v 12 Igihe yagambaga ngo: ngatangarize ijina ryawe abavukanyi, kandi ngaguhire heru hagati y'abandu kangari bahuye.
\p
\v 13 Kandi, ngamwiringire. Kandi ngo: Ndi hano njewe n'abana b'Imana yambeye.
\p
\v 14 Bunoya rero, kubera ko abana bahuzize umubiri n'amaraso, nawe wakihuzize wenyine nabo kugira ngo m'urupfu rwe agire busha uwari afite ingufu zo kwita ariwe shetani.
\v 15 Guco, wakizize boshe bari bahizwe m'ububoyi kubera gutinya gupfa.
\v 16 Kuko kwa kweli ndo yayijire gufasha malaika ahubwo yayijire gufasha abazewe na Abrahamu.
\v 17 Kubera ibyo, byamubereye ngombwa ko asana m'ubindu byoshe n'abavukanyi be, kugira ngo ababere umutambyi mukuru wujwiyemo imbabazi kandi wizerirwe mu kazi k'Imana kugira ngo atume abandu babarirwa ibyaha byebo.
\v 18 Noneho rero, kubera ko Kristo yababezwe no kugeragezwa, ashobweye rero gukura mu cobo abari kugeragezwa boshe.
\c 3
\cl Isura 3
\p
\v 1 Nico gitumire bavukanyi, ndungane z'Imana, mweshe mufite ubwimbo m'umuhamagaro gwenyu mu juru, muhire imbere Yesu kubera ko ariwe indumwa n'Umutambyi mukuru wo kutwihanganisa.
\v 2 Yatunganiye Imana, wamuheye ubutware, nguko Musa nawe yatungenye mu nju y'Imana.
\v 3 Ariko Yesu yabonekenye agombire gupandishwa kurenza Musa, kubera ko umundu urikubaka inju agiraga icubahiro gusumbya inju ubwayo.
\v 4 Nguko buri nju yubakirwe n'umundu, ariko uwayubakire byoshe n'Imana.
\v 5 Musa yatunganiye Imana mu nju yayo, ng'umukozi kugeza gutangaza ibyari bigombire gutangazwa mu gihe kirikwija.
\v 6 Ariko Kristo ni Umwana wizerirwe wo gutegeka inju y'Imana kandi koko niwe. Na twewe rero nju ye, ni twewe tubeye turindiye neja kugeza ku mwisho, kukatubere ibyiringiro byo kukiratira.
\p
\v 7 Nico gitumire nguko Umuka guri kugamba ngo: None, mubeye mwumvisize ijwi rye,
\v 8 mwere kugira imitima y'isarabwayi, nguko byabeye igihe co kutumvira k'umusi go kugeragezwa m'ubutayu.
\v 9 Aho ba sogokuru benyu bambereye abahuni benda kumenya niba ndi nde. Mu myaka mirongo ine nabarakariye. Nababwiye ngo: Banoya bahoraga barigutekereza nabi mu mitima yebo. Kubera ibitangaza nabakoreyeyo mu myaka mirongo ine
\p
\v 10 Kandi narakariye abandu bico gihe, ndagamba ngo: Boshe bafite imitima yo guhaba buri gihe, ndo bapimye kumenya injira yanje.
\p
\v 11 M'uburakari bwanje nabararahiriye ndikugamba ngo: "Ndo bakayingire m'uburuhuko bwa nyowe.
\p
\v 12 Mukirinde rero, bavukanyi, here kuba umundu muri mwewe ufite umutima mubi kandi ngo atekukizera kugeza aho aheye umugongo Imana yetu Ihoragaho.
\v 13 Ariko mufatane buri musi m'umugongo, buri gihe coshe dushobweye kugamba ngo: None, kugira ngo here kuba umwe muri mwewe uhindwiye umutima gwe ikibuye, kubera gukururwa n'ibyaha.
\v 14 Kuko twagirirwe abafatanize na Kristo tubeye dufatiye cane k'ukukizera kwetu muri we kugeza k'umwisho nguko byahorire guturuka mu ndangiro.
\v 15 Igihe ibyandikirwe birikugamba ngo: None, mwumvisize ijwi ryanje, mwere guhindura imitima yenyu kuba imitima y'ikibuye nguko byabeye igihe c'ubuhuni.
\p
\v 16 Ni bande si bayangire kumvira bamarire kumva ijwi? None si ba bandi baturukire i Misri bahagarikiwe na Musa?
\v 17 Ni nde si Imana yarakariye imyaka mirongo ine atari ba bandi bakorire ibyaha, indumbi zebo zigasigara m'ubutayu?
\v 18 Ni bande si yarahiriye ko ndo bakagere m'uburuhuko bwayo atari ba bandi bayangire kumwumvira?
\v 19 Kandi tumenye ko ndo bakandagiye mo kubera kutizera kwebo.
\c 4
\cl Isura 4
\p
\v 1 Nuko rero, igihe co indagano yo kwingira m'uburuhuko bwe ikiriho, dutinye. Here kubaho n'umwe woboneka ngo yijire nyuma y'igihe.
\v 2 Kuko guno mwaze guboneye twagucuriwe ng'abandi, ariko igambo babwiwe ndaco ryabamariye, kuko bayangire kukiyunga n'abizerire.
\v 3 Kuri twewe rero twayizeye, tukayingire m'uburuko nguko Ibyandikirwe bigambire ngo: Narahiriye m'uburakari! Ndo bakayingire m'uburuhuko bwanje. Yagambire ibyo naho ibikorwa bye byabaga byashirire kuva kuremwa kw'isi
\v 4 Kuko yagambire ahandu hamwe ku byerekye umusi gwa karindwi arikugamba ngo: Imana yaruhukire akazi koshe ko kurema umusi gwa karindwi.
\p
\v 5 Na ahandi yagambire tena ngo: Ndo bakayingire m'uburuhuko bwanje.
\p
\v 6 Ariko kuko hari bamwe babikiwe kuyingiramo, kandi nuko abahewe indagano bayangire kwingira kubera ubuhuni bwebo,
\v 7 Imana yasizeho ugundi musi. None arikugambira muri Daudi nyuma y'imisi akangari. Yabigambire imbere ngo: None mwumvisize ijwi ryanje, mwere guhindura imitima yenyu kuba imitima y'amabuye.
\p
\v 8 Kuko niba Yosua yabaheye uburuhuko, ndaho Imana yari yogamba heru y'ugundi musi.
\v 9 Hariho rero uburuhuko bw'isabato bubikiwe abana b'Imana.
\v 10 Uwingiye m'uburuhuko bw'Imana abaga aruhukire akazi ke nguko Imana yaruhukire mu kazi kayo. Nuko rero, tugihutire kwingira muri ubwo buruhuko,
\p
\v 11 kugira ngo here kubaho uwo guhirima no kugwa m'ubuhuni ng'ubwebo.
\v 12 Kuko igambo ry'Imana ni rizima, rirakwiriye, rifite ubugi bukarihire kurenza umusho ugwarigo goshe, gutemesaga imbande zibiri, gwingiraga ndani kugeza aho gutanya ubuzima n'umuka, ihuriro ry'ingingo n'umusokoro, kandi ripimaga ibitekerezo n'imipango yo m'umutima.
\v 13 Nda kiremwa na kimwe gihishirwe imbere y'Imana, ariko byoshe byambeye busha no guhishurwa imbere y'amiso g'uwo tugombire guha iraporo ya byoshe.
\p
\v 14 Guco, kuko dufite Yesu, Umwana w'Imana, ubaga umutambyi mukuru warengire amajuru, duhagarare dukomeye muri kwa kukizera duhoraga turigutangaza.
\v 15 Kuko umutambyi wetu mukuru ababaranaga na twewe iyo tubaga tuburire ingufu, kuko yageragezwe nga twewe muri byoshe, ariko nda caha yakorire.
\v 16 Twegere rero twizerire indebe y'ubundu, kugira ngo tubabarirwe no kugera k'ubundu, no gufashwa igihe coshe c'ubukene bwetu.
\c 5
\cl Isura 5
\p
\v 1 Nuko rero, umutambyi mukuru wacagwiwe mu bandu yahizweho kubera abandu mu kazi k'Imana kugira ngo bahire imbere y'Imana amaturo n'ibitambo by'ibyaha.
\v 2 Ashobweye kumenya ibibazo by'ababurire ubwenge n'abayobire kuko nawe yaburire ingufu.
\v 3 Kubera ibyo, nawe asabirwe gutanga igitambo c'ibyaha bye niby'umuryango gwe kubera izo ngufu zinnyori.
\v 4 Nda mundu wihaga ico cubahiro atari uwahamagewe n'Imana ng'Aroni
\v 5 Na Kristo nawe ndo ariwe wakiheye ububonere bwo kuba Umutambyi mukuru ariko yabuhewe n'Uwagambire ngo: Uri Umwana wanje, ndakuzeye none.
\p
\v 6 Nuko yabigambire tena ahandi ngo: Uri Umutambyi wa bur'igihe wo m'umuryango gwa Melkisedeki.
\p
\v 7 Niwe wo mu gihe yabaga yambeye umubiri, amarire gushaba arikwabira no kurira cane no guhendahenda uwashoboraga kumukiza urupfu. Gushaba kwe kwayemewe kubera ubutungane bwe.
\v 8 Naho yabaga ari Umwana w'Imana, yayigire kubaha kubera amateso go yanyuriremo.
\v 9 Amarire kugirwa indungane, yahindukire umutangizi w'agakiza k'ibihe byoshe, kandi k'abandu boshe bamubahaga.
\v 10 Imana yamugirire Umutambyi heru y'abatambyi boshe, ukurikize ububonere bwa Melkisedeki.
\p
\v 11 Dufite amagambo kangari tugombire kugamba kuri binoya, kandi n'ibindu akangari bitorohire kubibumvisa kuko mufite ubute bwo kubyumva.
\v 12 Kuko mwewe mwabaga mukennye abalimu kuva mbere, mucari gukenera kukigiswa amategeko gutangiza ibyo Imana yagambire. Ahubwo mugerire aho mukeneye amata ng'abana batoto aho gukura ngo murye ibiryo bikomeye. Ariko umundu weshe ucari kugnwa amata abaga akiri mutoto.
\v 13 Mu Gambo rya kweli kuko akiri uruhinja.
\v 14 Ariko ibiryo bikomeye bikwiriye abagabo bakurire, abakoresaga ukuri, bari gutanya ikibi n'ikiboneye.
\c 6
\cl Isura 6
\p
\v 1 Nico gitumire tugombire guta iruhande inyigisho za mbere, zerekeye Kristo. Dutere indambwe, turikwenda ibitungenye, twere gushubira ubwa kabiri guhiraho ingingi yo kwanga imirimo ipfiye.
\v 2 Imirimo yo kukizera Imana, inyigisho zerekeye imibatizo, kurambikwaho ibiganza, zerekeye kuzuka, kuva mu bapfiye n'urubanza rw'ibihe byoshe.
\v 3 Nibyo tukakore Imana ibitwemereye.
\v 4 Kuko bikomereye ababeye m'umwangaza, abashogongeye ku mbano zo mu juru, abagirire Umuka guboneye,
\v 5 Abashogongeye ku gambo riboneye ry'Imana n'ingufu z'imisi zikayije,
\v 6 Nyuma bakagwa, ndo byorohire ko bagirwa bashasha no kugihana kuko babambaga Kristo no kumumwaza ku karubanda.
\v 7 Igihe ubutaka buhagire amazi g'imvura gagwaga buri igihe rimwe na rimwe buzeye ubwatsi bwo umuhinzi yenda, ubwo butaka bufatanyije na twewe gusingiza Imana.
\v 8 Ariko bubeye buzeye imishubi n'imifatangwe, bubaga bugawe kandi hafi yo kuvumwa, nyuma yaho bugatwikwa.
\p
\v 9 Naho turikugamba guco, bakunzi betu, turindiriye ko Imana ikabakorere ibiboneye kurenzaho, kandi bidufasize kugera ku gakiza,
\v 10 Kuko Imana icaga imanza z'ukuri, ndo ikayibagirwe akazi kenyu n'urukundo mwatwerekire kubera ijina rye, mukaba mwarafasize kandi mukaba munarugifasa indungane.
\v 11 Twizerire ko mweshe mwerekanaga ugo mwangaza kugira ngo mwere guheba bya byiringiro.
\v 12 Kugira ngo mutakareke na rimwe akazi, ariko muyigane ba bandi bakaragwe, kandi mukabigana kubera kukizera no kugihangana kwebo.
\p
\v 13 Igihe Imana yaraganiye Aburahamu, kuko atakashobwere kurahira mu jina rindi riyiruta, yirahiye mu jina ryayo. Yagambire ngo:
\v 14 Kweli ngaguhe imigisha, ngagire uruzaro rwawe akangari.
\v 15 Nuko Abrahamu, kubera kugihangana kwe, yagerire ku byo Imana yamuraganiye.
\v 16 Kandi, mwiji ko abandu barahiraga mu jina riri heru yebo, n'indahiro irangizaga ibibazo biri hagati yebo.
\v 17 Nico gitumire Imana yashakire kwerekana abaragwa b'indagano kudahinduka kw'imipango yayo, yakoreseze kurahira.
\v 18 Kugira ngo mu bindu bibiri byerekanaga ko twahumurizwe n'Imana idashobweye kubesha, twewe twahewe ubuhungiro tububoneye mu kukihangana kwetu Imana yaduteganirije hambere.
\v 19 Uko kugihangana rero, turagufite ng'inziko y'umutima, y'ukuri kandi ihageze neja, yingiraga ikatwambutsa igisika c'umwenda gwabaga gutanyije ahatungenye n'atungenye h'ahatungenye.
\v 20 Aho niho Yesu yayingiye kubera twewe ng'uwa mbere, amarire guhabwa ubutware bwo kuba Umutambyi mukuru w'ibihe byoshe, m'uburyo bwa Melkisedeki.
\c 7
\cl Isura 7
\p
\v 1 Nyamara uwo Melkisedeki, umwami w'i Salemi, umutambyi w'Imana Isumba byoshe, wagiye kuyambira Abrahamu aviye gutsinda abami, amuha umugisha,
\v 2 kandi niwe Abrahamu yaheye ica cumi ca byoshe, niwe mwami utungenye ukurikije ubusobanuro bw'ijina rye, kandi ni umwami w'i Salemi, ni ukugamba ngo umwami w'ituze.
\v 3 Nda mama yari afite, nda igisekuru, nda mwanzo gw'imisi ye cangwa umwisho ry'ubuzima bwe, ariko asana n'Umwana w'Imana.
\p
\v 4 Mumenye ko yari akomeye, uwo sogokuruza Aburahamu yaheye ica cumi c'iminyago.
\v 5 Abo mu bana ba Lewi bakoraga ubutambyi, bahewe itegeko ryo gushaba abandu ica cumi, aribo bene webo kandi bakomokire kuri Aburahamu.
\v 6 Naho Melkisedeki, udakomokire kuri bo, yahewe n'Aburahamu icacumi, kandi yaheye umugisha uwahewe indagano.
\v 7 Kandi ndo yangaga ko umutoto ahabwaga umugisha n'umukuru.
\v 8 Kandi hanoya, abasabaga icacumi ari abandu bakapfe; ariko hariya we agambwaga ko ari muzima.
\v 9 Byongeyeho, na Levi usabaga icacumi yagitanze anyuriye muri Aburahamu.
\v 10 Kuko yari ari munda ya she, igihe Melkisedeki yijaga kuyambira Aburahamu.
\p
\v 11 Iyaba ubutungane byashobokire kubera ubutambyi bw'Abalewi, kuko amategeko gahewe abandu, gashingiye kuri ubwo butambyi, 9 Ndo hoba hakenewe tena uwundi mutambyi wo m'uburyo bwa Melkisedeki, atari uwo m'umuryango gwa Aroni?
\v 12 Kuko ubutambyi bumarire guhindurwa, ni ngombwa ko amategeko nago gahinduka.
\v 13 Ni koko, uwo binoya birikugambwaho ni uwo m'ubundi bwoko butakorire akazi ko ku gitwikiro c'ibitambo.
\v 14 Kandi byijwi ko Umwami wetu yakomokire kuri Yuda. Ubwoko bwo Musa atapimye kugambaho ku byerekeye ubutambyi.
\v 15 Ibyo byayumvikenye tena kurenzaho, ubwo habonekire uwundi mutambyi usana na Melkisedeki,
\v 16 wahizweho hadakurikije itegeko ry'umubiri, ahubwo hakurikijwe ubushobozi bw'ubuzima butakazambe.
\v 17 Kuko Ibyandikirwe byamubereye umudimwe ngo: Uri Umutambyi w'ibihe byoshe, mu buryo bwa Melkisedeki.
\p
\v 18 Nuko rero, itegeko rya mbere, kubera ryaburire ingufu, ryakuweho. Kandi ndo rinafite n'ifaida.
\v 19 Kuko ndaco ryatunganize. Ahubwo ryabeye indangiro y' ibyiringiro bya heru, bidushobweje kwegera Imana.
\p
\v 20 Kandi ibyo ndo byabeyeho ari nda ndahiro. Kuko Abalewi babeye abatambyi batarahiye,
\v 21 Yesu we yabeye umutambyi hamwe n'indahiro, kubera uwamubwiye ngo: Umwami yararahiye, kandi ndo akagicuze ngo: Uri umutambyi w'ibihe byoshe mu buryo bwa Melkisedeki.
\p
\v 22 Kubera ibyo rero, Yesu niwe mwishingizi w'indagano irengireho kubonera.
\p
\v 23 Byongeyeho, habeyeho abatambyi kangari, kubera ko urupfu rwababuzaga kuberaho ibihe byoshe.
\v 24 Ariko we, kubera ko ahoragaho ibihe byose, afite ubutambyi butakahinduke.
\v 25 Guco rero, ashobweye gukiza abegereye Imana kubera we, kubera ko abaga ari muzima kubera kubagambira.
\p
\v 26 Kweli byabaga bikwiye ko tubona umutambyi mukuru ngawe, utungenye, utyngenye, utariho umugayo, utariho ibyaha, kandi uri heru kurenza agandi majuru.
\v 27 Udakeneye gutamba ibitambo buri musi ng'abatambyi bakuru, baheraga ku byaha byebo, hanyuma y'ibyaha by'abandi. We yabikorire rimwe gusha, ari kugitamba we wenyine.
\v 28 Nyamara rero, itegeko rihiragaho abatambyi bakuru b'indege zinnyori, ariko igambo ry'indahiro ryahizweho nyuma y'amategeko, ryahizeho Umwana w'Imana utungenye ibihe byoshe.
\c 8
\cl Isura 8
\p
\v 1 Bunoya rero, akandu twenda kugamba ni kanoya: Nuko dufite Umutambyi mukuru, wikeye iburyo bw'indebe y'ubwami bw'icubahiro c'Imana mu juru.
\v 2 Ni umukozi w'ahatungenye ha hatungenye, ihema rya kweli, ryahizweho n'Umwami atari umundu.
\p
\v 3 Buri mutambyi mukuru ahirwagaho kugira ngo ature amaturo n'ibitambo. Rero wunoya agombire kugira ikindu co gutamba.
\v 4 Kristo yabeye yabaga kusi, ndo yari kuba umutambyi, kuko hariho abatambyi b'ibitambo bikurikize amategeko.
\v 5 Bakoraga umurimo go mu kanisa, isura n'igicucu c'ibindu byo mu juru, nguko Musa yari yabyerekirwe n'Imana igihe yabaga yenda kubaka ihema, ngo: Arabwirwa ngo: Ugitonde, ukurikize urugero werekirwe ukiri ha musozi.
\v 6 Ariko bunoya, yabwenye akazi karengire akebo, kubera ko niwe Muhuza w'umurage guboneye gubakirwe heru y'indagano iboneye kurenzaho.
\p
\v 7 M'ukuri, indagano ya mbere ibeye nda kosa ifite, nda buryo hari hakwiriye ko hoshakwa iya kabiri.
\v 8 Kubera ko igihe Imana yabwenye amakosa mu bandu, yababwiye ngo: Reba! Imisi zirikwija, aho ngakorane na Israeli ubyumvikane bushasha, na hamwe n'inju ya Yuda.
\q
\v 9 Atari ng'ubwo nakorire na ba she, ku musi nabafatire ukuboko ngo mbakure mu gihugu ca Misri, kubera ko batakomeze guhagarara mu bwumvikane nanje. Ndo nagumire guhangayikira ibyebo, niko Umwami agambire.
\q
\v 10 Ariko, reba indagano ngakore hamwe n'inju ya Israeli, niko Umwami agambire ngo: Ngahire amategeko ganje mu myuka yebo, kandi ngagandike mu mitima yebo, ngababere Imana nabo bakambere ubwoko.
\q
\v 11 Ndawe ukayigise mwira we cangwa buri mundu umuvukanyi we, arikugira ngo: Menya Umwami! Kubera ko boshe bakamenye, guhera ku mutoto wa boshe kugeza ku mukuru wo muri bo.
\q
\v 12 Kubera ko ngaburire abandu ibyerekeye amakosa gebo, kandi ndo ngayibuke ukundi ibyaha byebo.
\p
\v 13 Kubera kwita Indagano ko ari njasha, yayemeze ko imarire imisi ni ya mbere kandi ko ishajire hafi yo gukurwaho.
\c 9
\cl Isura 9
\p
\v 1 Indagano ya mbere yabaga ifite imihango y'ubutambyi kandi irigukorerwa mu nshengero ya hanoya ku si.
\v 2 Kubera ko ihema ryabaga ryatayarisizwe ririmo igitereko c'amatara, ameza, n'imikati yo ububereho bw'Imana yitwaga ahatungenye
\v 3 Nyuma y'umurere gwa kabiri, habaga ikindi cumba muri iryo hema citwa Ahatungenye cane.
\v 4 Aho habagamo igitwikiro c'ibihumuraga neja cacurirwe mu zahabu n'isanduku y'indagano inyanyagizweho izahabu imbande zoshe. Habagamo akeso k'izahabu karimo mana, n'ingoni ya Aroni yamerireho amawuwa n'ibibaho by'amategeko.
\v 5 Heru yiyo sanduku y'indagano habagaho abakerubi b'icubahiro bahiraga igicukuzo ku ntebe y'imbabazi, ariko ibyo ndo twobigambaho none m'ubureyi.
\p
\v 6 Icakora ibyo bimarire gutayariswa guco, abatambyi bayingiraga imisi yoshe mu hema rya mbere kugira ngo bashohweze imirimo yebo.
\v 7 Ariko mu cumba ca kabiri hayingiragamo umutabyi mukuru wenyine rimwe gusha m'umwaka. Ariko ndo yayingiragamo atazenye amaraso g'isadaka ye wenyine n'agi isadaka z'ibyaha abandu bakorire ku kwenda kwebo.
\v 8 Nuko rero, ico Umuka Guboneye gutumenyesize nuko injira yerekeye hera cane yabaga itari yakiyerekanya, ihema rwambere rikiriho.
\v 9 Rinoya ryashushanyaga ibya kino gihe, ubwo abakurikizaga amategeko garyo baturaga amaturo, bagatangaga n'ibitambo ko bitagishobweye kutunganya na rimwe umutima g'urigutura.
\v 10 Kubera ko ago ari amabwiriza gerekeye kurya no kugnwa n'imigenzo yo ku kukiyoza by'uburyo kangari, ari amategeko go m'uburyo bw'abandu gusha, gategekirwe kugeza igihe co gutunganywa.
\p
\v 11 Ariko, Kristo yayijire ng'umutambyi mukuru w'ibiboneye bikayije. Yanyuriye muhema rirengire rya rindi gukomera no gutungana rwoshe, ariryo hema ritakorirwe n'amaboko g'abandu. Ibyo ni kugamba ngo:
\v 12 Ihema ritari iryo mu byaremirwe. Kandi yayingiye rimwe ahatungenye cane atari kubera amaraso g'ihene, cangwa ag'inga ahubwo yayingiye mo kubera amaraso ge, amarire kutubonera gucungurwa kw' ibihe byoshe.
\v 13 None igihe maraso g'ihene n'ag'ibimasa n'itazi ry'inka risukwaga k'ubanyabyaha bahumanye, bagahumanuka,
\v 14 Amaraso ga Yesu mu ngufu z'Umuka guhoraho, wakitangire nda mucafu ku Mana akayeze imitima yenyu ipfiye kugira ngo mukorere Imana Ihoragaho.
\p
\v 15 Nico gitumire ari Umuhuza w'indagano njasha kugira ngo abahamagewerewe umurage gutakashire go yaraganiwe, ubwo habeye ho uwapfiye kubohoza abakorire ibyaha banari gutegekwa n' indagano ya mbere.
\v 16 Iyo hariho indagano yo kuragwa, hagombire kubaho umudimwe ko uwaraganyize yapfiye.
\v 17 Indagano yo kuragwa risozwaga nuko uwariragire yapfiye.
\v 18 Ndaho n' indagano ya mbere yabyeho hatari amaraso.
\v 19 Musa amarire kugambira amategeko imbere y'abandu boshe, yafatire amaraso g'impfuzi y'ikimasa, n'ag'hene, n'amazi, afata imishishi atera kur'ico gitabo no ku bandu
\v 20 arikugamba ngo: Gano ni amaraso g'indagano Imana yategekire ku bwenyu.
\v 21 Yatereye tena amaraso ku hema ry'ihiriro no ku bikoreso byoshe byo mu hema.
\v 22 Dukurikije amategeko gagambire ngo: Byose bitungwaga n'amaraso. Hatabayeho kumena amaraso nda kubabarirwa ibyaha kobaho.
\p
\v 23 Nuko rero, byabaga ari ngobwa ko isanamu zibyo mu juru byoyezwa mu buryo ng'ubwo ariko ibyo mu juru bigombire kuyezwa n'ibitambo biruta ibyo.
\v 24 Kuko Kristo ndo yayingiye ahatungenye hakorirwe n'indoke, arigo mfano gwa hahandi ha kweli. Ahubwo yayingiye mu juru kugira ngo ahagarare imbere y'Imana kutugambira.
\v 25 Kandi ndo yayingiragamo kugitamba kenshi, ng'uko umutambyi mukuru yayingiraga ahatungenye cane, buri mwaka afite amaraso go gutura.
\v 26 Kuko byabeye biri guco yaba yarakwiriye kubabazwa kari kenshi, uturukire k'ukuremwa kw'isi. Ahubwo none abonekire rimwe gusha k'umwisho gw'ibihe, kugira ngo akuzeho ibyaha kugitamba.
\v 27 Kandi nguko abandu bapangiwe gupfa rimwe, hanyuma yaho bagacirwa urubanza,
\v 28 Niko na Kristo amarire kugitanga rimwe ngo akigihireho ibyaha bya benshi, akateremuke ubwa kabiri atazanwe no kwitambira ibyaha ahubwo yijiye ku barindire agakiza.
\c 10
\cl Isura 10
\p
\v 1 Nyamara itegeko n'igicucu c'ibiboneye bikayije, ariko ridafite isura ya kweli y'ibyo bindu. Ndaho ubwaryo ryoba ibitambo bya buri mwaka ryogeza abandu k'ubutungane.
\v 2 Bitar'ibyo, ndo bari kureker'aho kubitamba? Kubera ko bamarire gutungana, ndo boba bakibonaho ibyaha?
\v 3 Ariko ibitambo byayibutsaga ibyaha buri mwaka.
\v 4 Kuko ndo bishobokire ko amaraso g'inga n'isekurume gakuraho ibyaha.
\p
\v 5 Nico catumire Kristo yija mu si arikugamba ngo:
\q
\v 6 Ndo wenda ibitambo cangwa amaturo g'ibyaha.
\q
\v 7 Ahubwo ndagamba ngo: Reba ndijire, (nguko byandikirwe mu mizingo z'ibitabo birikugambaho), gukora kwenda kwawe Mana.
\p
\v 8 Amarire kugamba ngo: Ndo wenda, cangwa ndo wemeye ibitambo byo gutwika cangwa ibitambo bisanzwe by'ibyaha.
\v 9 Yakomeze kugamba ngo: Reba, nayijire gukora kwenda kwawe. Yakuyeho ikindu ca mbere ahiraho ica kabiri.
\v 10 Kubera uko kwenda niko kudutunganyaga kubwo igitambo c'umubiri gwa Kristo rimwe n'ibihe byoshe.
\p
\v 11 Ubwo, buri mutambyi akoraga buri musi, umurimo no gutamba ibitambo bimwe, bidashobweye gukuraho ibyaha.
\v 12 We wenyine, amarire gutamba igitambo kimwe kubw'ibyaha, none yikeye iburyo bw'Imana imisi yoshe.
\v 13 Bunoya arindiriye ko abanzi be babera musi y'ibisando bye.
\v 14 Kuko kubera igitambo kimwe yagezeze k'ubutungane abo yatunganyirize imisi yoshe.
\v 15 Ni nabyo Umuka guboneye guhamirizaga nyuma yo kugamba ngo:
\q
\v 16 Yinoya n'indagano ngagirand nabo, hanyuma y'iyo misi niko Uhoragaho agambire ngo: Ngahire amategeko ganje mu mitima yebo, kandi ngagandike mu bwenge bwebo.
\p
\v 17 Kandi yayongezeho ngo: Ndo ngayibuke tena ibyaha byebo cangwa amakosa gebo.
\p
\v 18 None rero, aho imbabazi z'ibyaha ziri, ndo hakiri gutambira ibitambo by'ibyaha.
\p
\v 19 Nuko rero, bavukanyi, ubwo dufite ubuhuru kuyingira ahatungenye kubera amaraso ga Yesu,
\v 20 mu njira njasha yo yaduciriye inyuriye mu gisika arico mubiri gwe.
\v 21 None kubera ko dufite umutambyi mukuru, uhagarariye inju y'Imana,
\v 22 tumwegere n'umutima gutarimo uburyarya, twujwiye kukizera, n'imitima itunganyizwe, kandi umubiri gogezwe mu mazi meja.
\v 23 Tugamba tutari gutinya ibyo twizerire, kuko uwaduheye indagano adahindukaga.
\v 24 Tugifatanye bamwe ku bandi, kugira ngo dusunikane m'urukundo no mu mirimo iboneye.
\v 25 Twere kubura guhura n'abandi, nguko ari akamenyero kuri bamwe, ahubwo dufatanye cane cane kuko ugo musi guri kwija hafi.
\p
\v 26 Kuko tubeye dukoraga ibyaha twenda, tumarire kumenya ukuri, nda kindi gitambo,
\v 27 Ahubwo turindiriye urubanza rukomeye n'ubukana bw'umuriro gukatwike abagome.
\v 28 Uwitire itegeko rya Musa, yapfiye nda mbabazi, k'ubuhamya bw'abadimwe babiri cangwa bashatu.
\v 29 Ni ikihe gihano murigutekereza kikahabwe ukabe yannyatire Umwana w'Imana, uwasesagwiye amaraso g'indagano go yatunganyize mo kandi agatuka Umuka g'ubundu?
\v 30 Kuko twiji uwagambire ngo: Guhora n'ukwanje, imishahara ni iyanje. Kandi ngo: Uhoragaho akacire urubanza ubwoko bwe
\v 31 Ni kindu giteye ubwoba kugwa mu maboko g'Imana nzima.
\p
\v 32 Mwibuke imisi za mbere, ubwo mwamarire kwerekwa umwangaza, mwarwanire indwano ikomeye mu mibabaro.
\v 33 Ubundi mwagiriwe inshungero, mu makuba no mu byago, ubundi mukifatanya n'abagirirwaga nabi guco.
\v 34 Ni koko mwabariraga abafungirwe, kandi mwagishimiye kunyagwa ibyenyu, mwiringiye ko mufite ubukire buboneye kandi bukahoreho imisi zoshe.
\v 35 Nuko rero, mwere kuva mu byiringiro byenyu, ni kuribyo bishingiyeho ingene ikomeye.
\v 36 Kuko mukeneye kugira kugihangana, kugira ngo mumarire gukora iby'Imana yenda, muhabwe ibyo mwaraganiwe.
\v 37 Hasigeye igihe kinnyori, uwokwija akija, kandi ndo akatinde.
\q
\v 38 Kandi Indugane yanje ikabeshweho no kukizera, ariko ushubiye inyuma, umutima gwanje ndo gukamugishimire.
\p
\v 39 Ariko twewe ndo turi abo gushubira inyuma ngo dupfe, ahubwo dufite kukizera ko gukiza imitima yetu.
\c 11
\cl Isura 11
\p
\v 1 Kukizera ni kumenya rwose ibindu byo kukiringirwa no kwemera ibyo amiso gatarikureba,
\v 2 Kubera ko abatuzeye bayemerwe n'Imana kubera kukizera kwebo.
\v 3 Kubera kukizera, twiji ko isi ya mbere yaremirwe n'igambo ry'Imana, ku buryo ibibonekaga bitakorirwe mu bindu birikugaragara.
\p
\v 4 Kubera kukizera, Abeli yatambiye Imana igitambo kiboneye kurenza Kaini. Yatambiye Imana kubera kukizera. Imana yakundire amaturo ge, kandi kubera kukizera, abaga ari kugamba nubwo yapfiye.
\p
\v 5 Kubera kukizera Enoki yapandisizwe kugira ngo atabona urupfu. Kandi ndo yabonekire tena kubera ko Imana yamujenye. Kuko mbere yo kumujana, yabwenye ubudimwe ko yasimisaga Imana.
\v 6 Burya rero, nda kukizera, ndo twoyisimisa Imana kuko bigombire ko uwegereye Imana, yokizera ko Imana iriho, kandi ko ihembaga abarikuyenda.
\p
\v 7 Kubera kukizera Nowa yaburiwe n'Imana ku bindu bitarikurebekana, kandi yagirire gutinya Imana, ngo akize abo mu nju ye. Kubera kukizera yatsindisize isi, ahinduka umuragwa wo gutungana, kubonekeraga mu kukizera.
\p
\v 8 Kubera kukizera, Aburahamu, igihe yahamagewe, yayumviye, agenda iyo yagombire kubonera umurage. Yashohokire, agenda atiji iyo ari kugendera.
\v 9 Kubera kukizera, yagige gutura mu gihugo c'indagano, ng'igihugo c'abandi. Yabeye mu mahema, ndetse na Isaka na Yakobo, nabo ari abaragwa b'iyo ndagano.
\v 10 Kuko yari arikureba n'umutima gwe, umugi gufite ingingi ikomeye, ugo Imana ibereye umupimyi n'umwubatsi.
\v 11 Kubera kukizera, Sara ubwe, nubwo yari ari umukecuru cane, yashobozwe kubona uruzaro, kubera ko yari yizerire uwatanze indagano.
\v 12 Niyo mbamvu ko umundu umwe wari usaze k'umubiri, hakomokire uruzaro kangari, rungana n'inyenyeri zo mu juru, n'umucanga guri ku ngengero y'ingezi kandi go umundu adashobweye kubara.
\p
\v 13 Bose bapfiriye mu kukizera, batari bahabwa ibyo baraganiwe. Ariko babirebire bikiri kure kandi barabyishimira. Bamenye ko bari abashitsi n'abagenzi ku yino si.
\v 14 Abagambire guca, barikwerekana ko barikwenda gakondo.
\v 15 Iyo benda gushubira iyo baviye, baba babwenye umwanya go gushubirayo.
\v 16 Ariko none, benda igihugo gitungenye cane kiri mu juru. Niyo mbavu Imana ndoho imwaraga kwitwa Imana yebo, kuko yabatayarisirize umuji.
\p
\v 17 Kubera kwizera kwa Abrahamu, igihe Imana yamupimire yatambye Isaka, umwana we umwe gusha,
\v 18 uwa yari yaheweho indagano. Kandi yabaga yamubwiye ngo: Muri Isaka, ni mo ukabonere uruzaro.
\v 19 Yakibwiraga ko Imana ishobweye byoshe, ikazure Isaka mu bapfiye no kumumubonesha m'uburyo bw'umuzuko.
\p
\v 20 Kubera kukizera, Isaka yaheye Yakobo na Esau imigisha y'ibindu bikayije.
\p
\v 21 Kubera kukiizera, Yakobo ari hafi gupfa yaheye buri mwana wa Yosefu umugisha, kandi ahimbaz'Imana akijekekeze mutwe gw'ingoni ye.
\v 22 Kubera kukizera, Yosefu yenda gupfa, yabuye ibyerekeye gutaha kw'abana b'Israeli, kandi atanga amategeko ku byerekeye amagufa ge.
\p
\v 23 Kubera kukizera, Musa amarire kuvuka, abazeyi be bamuhishire amezi ashatu. Babwenye ko umwana aboneye, ndo batinyire itegeko ry'umwami.
\v 24 Kubera kukizera Musa amarire gukura, yakiyangire kwitwa umwana w'umuhara wa Farao.
\v 25 Yahisemo kubabazwa hamwe n'ubwoko bw'Imana aho kugihira mu byaha.
\v 26 Yabwenye ko kurengana kubera Kristo ari ubukire bukomeye kurenza ubwo mu Misri, kuko yari ahangire amiso ge kubyo akahembwe.
\v 27 Kubera kukizera, yaviye i Misri atarigutinya uburakari bw'umwami; kuko yahageze akijegekire kuwo atari kureba n'amiso.
\v 28 Kubera kukizera, yategwiye Paska no kuminjagiraho amaraso; kugira ngo kurimbuka kutagera ku abana ba mbere b'Abaisraeli.
\p
\v 29 Kubwera kukizera, bambukire ingezi itukuye ari ng'ahanxu hakaukire, naho abanye Misri bapimire kwambuka, amazi gabarengire.
\p
\v 30 Kubera kukizera, urukuta rwa Yeriko rwagwiye, bamarire kuruzunguruka imisi zirindwi.
\p
\v 31 Kubwo kukizera, Rahabu w'umumbaraga ndo yapfanye n'abagome kubera ko yari yacumbikiye abapelelezi kubera umutima guboneye gwe.
\p
\v 32 Mbesi ngambe ki tena? Kuko igihe ni kinnyori ngo ngambe ibya Gideoni, ibya Baraki, Samsoni, Yefuta, Daudi, Samueli n'imbuzi.
\v 33 Kubera kukizera batsindire abami, bakorire ibyo gutungana, bahewe ibyaraganiwe, bafungire iminwa z'indare.
\v 34 Bacubije ubukana bw'umuriro, bakirire ubugi bw'imisho, bakirire indwara zebo, babeye indwari mu ndwano, batatanize abasoda b'amahanga.
\v 35 Abagore bagaruriwe abebo bapfiye kubwo kuzuka. Abandi banyurire mu mibabaro, kandi batemere kurekurwa kugira ngo bagere k'ukuzuka guhebuje.
\v 36 Abandi basekwaga, gukubitwa iminyororo, no gufungwa.
\v 37 Baterwaga amabuye, gukebwa n'umusumeno, gushinyagurirwa, bapfiye bitirwe n'umusho, barazereraga, bambeye imbu z'indama n'imbu z'ihene, banyagirwe byoshe, barenganyizwe no kugirirwa nabi.
\v 38 Abo isi itari ikwiye ko bayibamo bazereraga m'ubutayu no mu misozi, mu mavumo no mu byobo byo m'ubutaka.
\p
\v 39 Abo boshe, kukizera kwebo kwabatangeze, ndo bahewe ico bari baraganiwe.
\v 40 Imana yapangire ikindu kiboneye kuri twewe tweshe, kugira ngo bere gutunganywa tutari hamwe nabo.
\c 12
\cl Isura 12
\p
\v 1 Na twewe rero, kuko tuzungurukirwe n'igicu kigari c'abadimwe, dute kure umutwaro goshe, n'icaha coshe kitugifungiyeho coshe, kandi tugendere mu njira twapangiwe twihangenye.
\v 2 Dutumbize amiso Yesu, Umutware n'Umulinzi wo kukizera kwetu. Uwo, kubera umunezero go yabikiwe, yakihangenye, yababezwe k'umusalaba, yahindwiwe busha no kumwazwa, nuko yikeye iburyo ku ndebe y'ubwami bw'Imana.
\p
\v 3 Mutekereze kuri uwo wakihanganiye ubwo bugome bw'abanyabyaha, kugira ngo mwere kugira imitima yihebire.
\v 4 Ndo murakagera aho kuvisha amaraso muri kurwanya ibyaha.
\v 5 Kandi mwayibagiwe kwa guhugura kubabwiraga ng'abana ngo: Mwana wanje, utere gufata igihano c'Imana nga busha, kandi were gucika indege igihe arikuguhana.
\q
\v 6 Kuko Uhoragaho ahanaga uwo akundaga, kandi akubitaga ingoni abo yemeraga boshe ko ari abana be.
\p
\v 7 Mukihanganire ibihano: Imana ibafataga ng'abana bayo; none si ni nde mwana wo she adahanaga?
\v 8 Ariko, mubeye mudahanwaga kimwe n'abandi boshe, muri abana b'ibizanano, ndo muri abana bo mu nju.
\v 9 Wongeyeho, kubera ko abatuzeye k'umubiri baduhanaga, kandi tukabubaha, ndo twagombire kurenzaho kubaha Data w'imyuka yoshe, kugira ngo tubeho?
\v 10 Abatuzeye baduhanaga mu misi mikeya, uko babwenye koshe, ariko Imana iduhanaga ngo tubonere mu gihano ifaida yetu, kugira ngo dutungane.
\v 11 N'ukuri, igihano gisanaga ngaho giteye agahinda aho kunezeza, ariko nyuma yaho kizaniraga abahanirwe imbuto y'ituze no gukiranuka.
\p
\v 12 Mukomeze amaboko genyu garushe n'amavi genyu gatafite ingufu.
\v 13 Kandi ibirenge byenyu bigendere mu njira zigororokire kugira ngo ikiremaye kidateshuka, ahubwo gikomere.
\v 14 Mube mu tuze n'abandu boshe no gutungana. Bitabeye guco, nda mundu ukabone Imana.
\v 15 Mukirinde, hatere kugira uwo kubabuzisha ubundu bw'Imana, here kubaho umuzigo gushariye gomera no kuzara amahane, gukahumanisha abandu kangari.
\v 16 Kandi umusambanyi cangwa umutabwenge nga Esau wagurisize ubupfura bwe kubera igasupu rimwe atekuba hagati yenyu.
\v 17 Mwiji ko hanyuma yashakire kubona umugisha, yagwangiwe nubwo yari arikwendeza amarira. No kugicuza kwe ndaco kwazeye.
\p
\v 18 Ndo mwayegereye umusozi go gukoraho kuko gwakaga umuriro cangwa igicu. Cangwa umuyobe, cangwa umuyaga gukarire,
\v 19 cangwa ijwi ry'itarumbeta, cangwa ijwi ry'amagambo k'uburyo abaryumvisize bingingire kutagezwaho ibindi.
\v 20 Kubera ko batihanganiye iyo ngambo ngo: N'igisimba kibeye gikorire kuri ugo musozi bakitisaga amabuye.
\v 21 Ibyo byose byari bitangaje kuko Musa yagambire ngo: Mvite ubwoba kandi ndigutitira.
\v 22 Ariko mwewe mwije hafi y'umusozi gwa Siyoni, Umugi gw'Imana Nzima, Yerusalemu yo mu juru, ihuriro rya malaika kangari.
\v 23 Ikanisa ry'abana ba mbere bandikirwe mu juru, umuzuzi w'iyo n'Imana ya byoshe, imyuka y'indungane batunganizwe kweli.
\v 24 Yesu ni we Umuhuza w'Indagano njasha, n'amaraso go kuminja gari kugamba neja kurenza aga Abeli.
\p
\v 25 Mukirinde, mutabura kumvira uwo urikugamba, kuko babandi baburire kubera ko bayangire kumvira ubaburiraga bari ku si. Bikadukomerere tubeye duteye umugongo uzo imburo ziviyeho mu juru?
\v 26 Uwo ijwi ritingisaga isi, niwe watangire indagano ngo: Nganyeganyeze tena isi hamwe n'amajuru.
\v 27 Gano magambo ngo: Tena rigambire ngo: Gukuraho ibindu binyeganyegaga, kuko byaremirwe kubaho igihe kinnyori kugira ngo ibitanyeganyega bihoreho.
\v 28 Nico gitumire ko tumarire kwakira ubwami butanyeganyega, tugombire gushima no kuyikorera turikuyipfukamira, kuyubaha no kuyitinya.
\v 29 Kuko Imana yetu ari umuriro gutwikaga.
\c 13
\cl Isura 13
\p
\v 1 Mugumye gukundana urukundo rwa kivukanyi.
\v 2 Mwere kubura gucumbikira abageni, kuko bamwe bacumbikiye malaika batabyiji.
\v 3 Muyibuke abafungirwe ngaho namwe muri mu prizo. Muyibuke abababeye ngabo mufungirwe hamwe m'umubiri.
\p
\v 4 Gushingirwa kubahwe na boshe, kandi uburiri bw'abashozenye bwere gukinirwaho. Kuko Imana ikahana ababesi n'abasambanyi.
\v 5 Imitima yenyu zere gukunda amakuta cane; mugishimire ibyo mufite, kubera ko Imana yo yonyine yagambire ngo: Ndo ngagusige wonyine, ndo ngagute wonyine.
\p
\v 6 Nico gitumire tugamba tudahishire ngo: Uhoragaho niwe Mufasha wanje, ndo ngatinye, umundu yondwara ki si?
\p
\v 7 Muyibuke abategtsi benyu, ba bandi babamenyeseze igambo ry'Imana. Mucunge uko umwisho g'ubuzima bwebo bubeye, kandi mukigahanire kukizera kwebo.
\v 8 Yesu Kristo ni wawundi, ejo hashirire, none, ejo hakayije, n'ibihe byoshe.
\v 9 Mwere kuhabiswa n'inyigiso z'uburyo kangari zivaga mu mahanga. Kuko bibonereye umutima gukomerezwa m'ubundu atari m'ubiryo bidafitiye ifaida ababyitayeho.
\p
\v 10 Dufite igitwikiro c'ibitambo, ico abakoraga umurimo mu hema badashobweye kuriraho.
\v 11 Umutambyi mukuru yagendanaga amaraso go gutambira ibyaha ahatungenye, naho imibiri z'amatungo akagatwikira hanje y'ingambi.
\v 12 Nico catumire Yesu nawe kugira ngo atunganyise abandu amaraso ge, yababarizwe hanje y'irembo.
\p
\v 13 Dushohoke rero, tumuyambire hanje y'ingambi, tugikoreye igisebo yahekire.
\v 14 Kuko ndo dufite hanoya ku si umuji guhoragaho, ahubwo turikurindira ugwenda kwija.
\p
\v 15 15 Kubera ibyo, duhe Imana ibitambo bishimirwe nayo, n'imbuto z'iminwa zirigutangaza ijina rya Yesu.
\p
\v 16 Kandi mwere kuyibagirwa kugira neja no kugira ubundu, kubera ko ibitambo ng'ibyo aribyo bisimisaga Imana.
\p
\v 17 Mumvire abayobozi benyu kandi mubatinye kubera ko bacungaga imitima yenyu nga abakayibazwe. Bibe guco kugira ngo babikore bishimire, batari gusunikwa, kugira ngo bitababera busha.
\p
\v 18 Mudushabire, kuko tukizerire ko dufite umutima muzima, turikwenda kugifata neja mu bindu byoshe.
\v 19 Ndikubahendahenda ndarigukina, mukore guco kugira ngo ngaruke iwenyu vuba cane.
\p
\v 20 Imana y'ituze yakuye mu bapfiye umuragizi mukuru w'indama, kubera amaraso g'indagano ihoragaho,
\v 21 Umwami wetu Yesu abashobweze ngo mukore imirimo iboneye yoshe, idukoreremo ngo dushohweze kwenda kwe, kandi akorere muri mwewe ibisimisaga Yesu Kristo. Ahabwe ucubahiro ibihe byose Amina.
\p
\v 22 Mbashabire bavukanyi banje ngo: Mukihanganire ago magambo g'imbuguro. Kuko nabandikiye mu magambo mannyori.
\p
\v 23 Mumenye ko umuvukanyi Timoteo yafunguwe. Niyija vuba, ngayije nawe kubareba.
\p
\v 24 Mutashe abahagarikizi benyu boshe, n'indungane zoshe.
\p
\v 25 Abo mu Italiya barikubatasha. Ubundu bubere hamwe na mwewe mweshe, Amina.